DRC: ibipimo byagaragaje ko hari abandi bantu banduye Ebola hafi y’u Rwanda

Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubushakashatsi mu by’Ibinyabuzima (INRB) yemeje ubwandu bushya bwa Ebola mu bipimo byakusanyijwe mu burasirazuba bwa Congo. Mu bipimo umunani byafashwe i Katwa..

Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubushakashatsi mu by’Ibinyabuzima (INRB) yemeje ubwandu bushya bwa Ebola mu bipimo byakusanyijwe mu burasirazuba bwa Congo.

Mu bipimo umunani byafashwe i Katwa muri Kivu y’Amajyaruguru, babiri bapimwe basanze banduye iyi ndwara.

Muri Bunia, ibipimo bine muri bitandatu byagaragaje ko banduye, harimo umuganga umwe w’Umunyamerika wakoraga muri misiyoni y’Abaporotesitanti muri icyo gihugu. Ejo hashize Prof JeanJacques Muyembe, umuhanga mu kuvura indwara z’ibyorezo, yahishuye ko hari umugore ubu uri kuvurirwa i Goma, umujyi munini mu burasirazuba bwa RDC utuwe n’abaturage bagera ku 850,000. Ibi byatumye u Rwanda ruhagarika urujya n’uruza rw’abantu ku mupaka wabwo. BBC yasabye kugira icyo ibivugana ho ni kigo gishinzwe ibikorwa by’ubutabazi bw’ubuzima, ariko ntibaragira icyo bavuga.

Kuva icyorezo cya Ebola cyatangajwe ku nshuro ya 17 muri iki gihugu kuri uyu wa Gatanu, umubare w’abanduye wazamutse ugera kuri 17 banduye muri laboratwari, 12 mu Ntara ya Ituri, batatu muri Kivu y’Amajyaruguru, abandi babiri babonetse i Kampala muri Uganda.

About the Author

Maak ‘n opvolg-bydrae

Jou e-posadres sal nie gepubliseer word nie. Verpligte velde word met * aangedui

Umwanditsi

Ikinyamakuru rwandandanziza kibanda ku nkuru za Politiki, Ubutabera, Ubukungu n’Uburenganzira bwa muntu. Inkuru zicukumbe niwo mwihariko wacu. Uburinganire, ubutabera n’amakuru agezweho atabogama

BlockSpare — News, Magazine and Blog Addons for (Gutenberg) Block Editor

Search the Archives

Access over the years of investigative journalism and breaking reports